Biciye mu bufatanye bw’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda, FRVB na Komite Olempike y’u Rwanda, hatangijwe amahugurwa y’abatoza batoza umukino wa Volleyball ikinirwa ku mucanga [Beach Volleyball].
Ni amahugurwa yatangijwe ku mugaragaro ku wa Mbere, tariki ya 22 Nzeri 2025 kuri Hill Top Hotel. Abagera kuri 35 barimo n’abakiri gukina nk’ababigize umwuga, ni bo bayitabiriye.
Atangiza aya mahugurwa ku mugaragaro ari gutangwa n’impuguke mu mukino wa Volleyball yoherejwe n’Impuzamashyirahamwe y’uyu Mukino ku Isi [fivb], Claudia Costa Oliviera-Laciga, Perezida wa FRVB, Ngarambe Raphael, yibukije aba batoza ko bakwiye kuzabyaza umusaruro ubu bumenyi bazongererwa mu minsi ine.
Ati “Twishimiye kwakira aya mahugurwa ya FIVB. Turizera ko azabagirira akamaro ndetse n’iterambere ry’umukino wa Beach Volleyball. Ubushize murabizi ko twakiriye World Tour ndetse n’ubu turifuza kongera kuyakira. Rero mwige mushyizeho umwete mbifurije amahirwe masa.”
Ni amahugurwa agabanyijemo ibice bibiri, aho mu gitondo abari kuyahabwa baba bari mu ishuri mu gihe nyuma ya Saa sita bajya ku kibuga cya Kicukiro-Mamba Beach Volleyball Court, gushyira mu bikorwa ibyo baba bigishijwe.
Abari guhugurwa, barimo abagabo n’abagore barimo abanyamahanga batatu baturutse i Burundi, Tanzania na Zimbabwe. Biteganyijwe ko azasozwa ku wa 26 Nzeri 2025.










UMUSEKE.RW


