Ibyoherezwa hanze y’u Rwanda byagabanutseho 12.5%

NDEKEZI Johnson
2 Min Read

Raporo y’Ubucuruzi Mpuzamahanga Bwanditse bw’u Rwanda igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cya 2025 ibyoherezwa mu mahanga n’ibitumizwayo hagabanutseho 12.5% ugereranyije n’igihembwe nk’iki umwaka ushize.

NISR igaragaza ko mu gihembwe cya Kabiri cya 2025, u Rwanda rwohereje ibicuruzwa bifite agaciro ka Miliyoni 1,735.84$ byagabanutseho 13% ugereranyije n’igihembwe cya mbere.

Ibicuruzwa byoherejwe mu mahanga byageze kuri Miliyoni 346.04$, ibyaturutse hanze byongeye koherezwa kuri Miliyoni 142.41$, naho ibyinjijwe mu Gihugu bigera kuri Miliyoni 1,247.39$.

NISR igaragaza ko muri iki gihembwe, ibicuruzwa u Rwanda rwohereza mu mahanga byose byagabanutseho 35.64% ugereranije n’igihembwe cya kabiri cya 2024 (aho agaciro kageraga kuri Miliyoni 346.04$ na Miliyoni 537.64$). Ariko, bagabanutseho 28.03% ugereranije n’igihembwe cya mbere cya 2025.

Ibi kandi binajyana no kuba ibicuruzwa u Rwanda rwatumije mu mahanga byose byaragabanutseho ku kigero cya 20.50% mu gihembwe cya kabiri cya 2025 ugereranije n’igihembwe nk’iki cya 2024, ndetse binagabanukaho 9.55% mu gihembwe cya mbere cya 2025.

Muri ubwo buryo, kandi ibyaturutse mu mahanga bikongera koherezwayo byagabanutseho 13.17% mu gihembwe cya kabiri cya 2025 mu gihe byari byiyongereye, ugereranyije n’igihembwe nk’icyo cya 2024 ndetse byiyongeraho 5.19% ugereranije n’igihembwe cya mbere cya 2025.

Ibihugu bitanu bya mbere u Rwanda rwoherejemo ibicuruzwa ni Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Bushinwa, u Bubiligi na Luxembourg.

Ku bijyanye n’ibyaturutse mu mahanga bikongera koherezwayo, ibihugu bya mbere byoherejwemo ibyo bicuruzwa harimo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ethiopia, Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, u Burundi n’u Budage.

RDC yakiriye 94.55% y’ibyabanje kunyura mu Rwanda mbere yo koherezwa mu mahanga, bifite agaciro ka Miliyoni 54,56 z’Amadolari. Bimwe mu byoherejwe cyane harimo ibiribwa n’amatungo mazima bifite agaciro ka Miliyoni 51.62 $ bigakurikirwa n’ibikomoka kuri peteroli n’ibindi bikoresho bifitanye isano bifite agaciro ka Miliyoni 31.94$.

Raporo ya NISR igaragaza ko u Bushinwa, Tanzania, u Buhinde, Kenya na Leta zunze Ubumwe z’Abarabu aribyo bihugu bitanu bya mbere u Rwanda rwatumijemo ibicuruzwa.

 

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment
  • Thanks for sharing excellent informations. Your website is so cool. I am impressed by the details that you have on this web site. It reveals how nicely you perceive this subject. Bookmarked this web page, will come back for more articles. You, my friend, ROCK! I found simply the info I already searched everywhere and just couldn’t come across. What an ideal web-site.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *