Biciye mu busabe bwa Komiseri Ushinzwe Iterambere ry’Umupira w’Amaguru w’Abagore mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Ferwafa, Nikita Gicanda, iri shyirahamwe ryageneye Rayon Sports WFC agahimbazamusyi nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma wa Cecafa iri kubera muri Kenya.
Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, tariki ya 14 Nzeri 2025, ni bwo Rayon Sports WFC ihagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Caf Women’s Champions League Cecafa Qualifiers 2025, yageze ku mukino wa nyuma isezereye Kampala Queens yo muri Uganda kuri penaliti 4-3 nyuma yo kunganya 0-0 mu minota 120.
Mu rwego rwo kubatera imbaraga no kuberaka ko babashyigikiye, Ferwafa yahise igenera iyi kipe agahimbazamusyi kangana na 5,000,000 Frw. Ni amafaranga agomba kuzarara ahawe abakinnyi ejo ndetse bijejwe ko mu gihe baba bashije kwegukana igikombe bagakatisha itike ya Caf Women’s Champions League, iri shyirahamwe ryazabaha andi mafaranga yisumbuyeho.
Uretse kandi ka gahimbazamusyi iyi kipe yagenewe, n’abandi bakunzi ba Rayon Sports bakomeje kuyishimira ko yahesheje ishema Igihugu, ari na ko bayigenera ishimwe ry’amafaranga.
Gikundiro izahura na JKT Queens yo muri Tanzania, yasezereye Kenya Police Bullets kuri penaliti 4-2. Ni umukino uteganyijwe ku wa Kabiri, tariki ya 16 Nzeri 2025.




UMUSEKE.RW


