Imbere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’ihuriro rya AFC/M23 basinye amasezerano yo guhererekanya imfungwa nk’intambwe yo guhosha umwuka w’intambara.
Umujyanama Mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Afurika, Massad Boulos, yavuze ko bishimiye isinywa ry’aya masezerano.
Yagize ati: “Turashimira isinywa ry’amasezerano yo guhererekanya imfungwa (…) nk’intambwe ikomeye iganisha ku kugabanya imirwano no guteza imbere amahoro mu Burasirazuba bwa RDC.”
Yavuze ko aya masezerano yagizwemo uruhare na Qatar, aho iki gihugu cyakoresheje imbaraga nyinshi kugira ngo impande zifitanye umwuka mubi zigere kuri iyo ntego.
Amerika yatangaje ko guhererekanya imfungwa ari intambwe ikomeye mu rugendo rwo kugera ku masezerano arambye y’amahoro.
Impande zombi zemeranyije ko uko guhererekanya imfungwa bizagirwamo uruhare na Komite mpuzamahanga y’umuryango Croix Rouge (ICRC).
Guverinoma ya RDC isaba ko abasirikare 1.500 ba FARDC bafatiwe i Goma bakoherezwa mu kigo cya Rumangabo bakinjizwa muri M23 basubizwa Leta.
Muri Mata 2025, igice cya mbere cy’abasirikare ba FARDC bari mu nkambi ya MONUSCO mu mujyi wa Goma nyuma yo gutsindwa na M23, cyoherejwe i Kinshasa.
Uku koherezwa byakozwe hifashishijwe ubufatanye bwa Croix-Rouge n’abahagarariye MONUSCO, Kinshasa, ndetse na M23.
Gusa nyuma yaho, AFC/M23 yashinje ubutegetsi bwa Tshisekedi kurenga ku masezerano, aho abantu bayo bafunzwe na Kinshasa bakorerwa iyicwa rubozo.
Intumwa za Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’iz’abarwanyi ba AFC/M23 zimaze hafi ukwezi ziri mu biganiro i Doha muri Quatar.
NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW


