APR yamenye ikipe bazahura muri ½ cya Cecafa Kagame Cup

HABIMANA Sadi
1 Min Read

Ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Cecafa Kagame Cup 2025 iri kubera muri Tanzania, izahura na Al Hilal SC yo muri Sudan muri ½ cy’iri rushanwa.

Ibi byamenyekanye nyuma y’uko Al Hilal SC yo muri Sudani itsinze Kator FC yo muri Sudan y’Epfo ibitego 3-1 mu mukino usoza amatsinda mu itsinda C.

Iyi kipe yo muri Sudan, ni yo izahura na APR FC mu mukino wa ½ cya CECAFA Kagame Cup uteganyijwe ku wa Gatanu, tariki ya 12 Nzeri 2025, Saa Munani z’i Kigali.

Aya makipe yombi yaherukaga guhurira muri iki cyiciro mu mwaka ushize wa 2024, ubwo icyo gihe ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yasezereye Al Hilal iyitsinze Penaliti 5-4 nyuma yaho amakipe yombi anganyije ubusa ku busa mu minota 120 y’umukino.

Ikipe ya APR FC ibitse ibikombe bitatu bya Cecafa Kagame Cup ariko nta na kimwe yari yakura hanze y’Igihugu.

APR FC izahura na Al Hilal SC yo muri Sudan muri 1/2 cya Cecafa Kagame Cup
Al Hilal SC yo muri Sudan ni yo izahura na APR FC muri 1/2 cya Cecafa Kagame Cup iri kubera muri Tanzania

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *