Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Ferwafa, ryatangaje ko umubare w’abanyamahanga bazajya bifashishwa ku mukino, bava kuri batandatu bakaba umunani.
Ibi bikubiye mu Itangazo ryagenewe Abanyamakuru, Ferwafa yashyize hanze ku wa Kabiri, tariki ya 9 Nzeri 2025.
Iri Shyirahamwe ryatangaje ko umubare w’abanyamahanga bazajya bifashishwa kuri buri mukino mu marushanwa ategurwa na ryo, utazajya urenga umunani mu gihe bari batandatu.
Ikindi Ferwafa yamenyesheje abo bireba, ni uko guhera mu mwaka utaha w’imikino, buri kipe izajya itanga 2,000,000 Frw yo kwandikisha umukinnyi w’umunyamahanga mushya.
Ibindi bikubiye muri iri tangazo kandi, ni uko guhera muri 2026/2027, buri kipe igomba kuzajya ishyira abakinnyi batatu bari munsi y’imyaka 21 ku rupapuro rw’umukino.
Ferwafa kandi, yatangaje ko ifatanyije na Rwanda Premier League, ari zo nzego zizajya zigena ibiciro byo kwinjira ku mikino ya shampiyona, mu gihe zari inshingano zakorwaga n’amakipe yakiriye umukino.

UMUSEKE.RW



Nyamukuru nta igihe kuri Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru, ariko bimenyewe ko batandatu bakekao baragenda kuri buri mukino biribwa bakekao. Ubu buryo bwo bashingiye kuri Ferwafa benshi!