Updates: Imirwano hagati ya Wazalendo na FARDC yaguyemo 6

Ange Eric Hatangimana
3 Min Read

UPDATES saa 12: 04′: Nyuma y’imirwano ikaze hagati ya FARDC na Wazalendo buri ruhande rushaka kugenzura umupaka wa Kavimvira uhuza Congo n’u Burundi abantu batandatu bahazize ubuzima ku mpande zihanganye.

Ku wa Mbere abarwanyi ba Wazalendo bateye imodoka y’ingabo za leta zari ziherekeje imodoka zirimo abagiye gutabara umusirikare wa FARDC wagiye mu mpanuka y’indege, Col. Patrick Gisore. Icyo gihe umusirikare wa FARDC yahasize ubuzima, umwe muri Wazalendo arakomereka.

Ku wa Kabiri, habaye indi mirwano ikaze yamaze umwanya, Wazalendo ivuga ko yatewe n’ingabo za leta ya Congo, ariko amakuru yandi akavuga ko Wazalendo bagabye igitero ku ngabo za leta zigenzura umupaka wa Kavimvira.

Iyi mirwano yaguyemo umusirikare umwe wa FARDC, na Wazalendo 5 bahasize ubuzima nk’uko byatangajwe n’igisirikare andi makuru avuga ko abapfuye bashobora kurenga bariya.

Igisirikare cya Congo kivuga ko Wazalendo 14 batawe muri yombi, ndetse n’abayobozi babo.

 

Inkuru yabanje: Amasasu yavugiye muri Uvira agace gakomeye mu dusigaye mu maboko y’ingabo za leta ya Congo, FARDC nyuma yo kwirukanwa i Bukavu, amakuru aravuga ko Wazalendo yagabye igitero ishaka kugenzura umupaka wa Kavimvira.

Umunyamakuru Héritier Baraka MUNYAMPFURA ukorera mu Burasirazuba bwa Congo, avuga ko amasasu yavuze mu gitondo kuri uyu wa kabiri mu gace ka Kavimvira.

Avuga ko abamuhaye amakuru bemeza ko umutwe wa Wazalendo ushaka kugenzura umupaka wa Congo n’u Burundi ingabo za Congo zihari zikahava.

Amakuru avuga ko abaturage b’i Uvira bacyumva ayo masasu benshi bahisemo kujya mu nzu barakinga.

Urubuga Kivumorningpost.cd rwandika amakuru y’ibibera mu burasirazuba bwa Congo, na rwo rwemeza ko Wazalendo bateye ingabo za Congo ziri ku mupaka wa Congo n’u Burundi, imirwano yabaye ituma ubuzima mu mujyi buhagarara.

Ku wa Mbere umusirikare wa Congo yarashwe na Wazalendo ku mpaka zari zivuye ku gusaka imodoka zavuye i Burundi zijyanye abantu bagiye gushyingura Colonel Gisore Patrick uzwi cyane ku izina rya Kigofero wapanye n’umugore we mu mpanuka y’indege ya gisivili yavaga i Lubutu yerekeza i Kisangani mu ntara ya Tshopo.

Uyu Colonel mu ngabo za FARDC yari ayoboye Batayo mu gace ka Punia mu ntara ya Maniema mu Burasirazuba bwa RDC, yapfuye tariki 16 Kanama, 2025.

Muri uko kurasana kwabereye ahitwa Mulongwe, muri teritwari ya Uvira umwe muri Wazalendo yakomerekejwe n’amasasu.

Umuryango wa Human Rights Watch ushinja Wazalendo, imitwe yashyizweho na Perezida Felix Tshisekedi gukora ibyaha byibasira abasivile muri Kivu y’Amajyepfo.

Wazalendo ihanganye na FARDC mu gihe amakuru avuga ko umutwe wa AFC/M23 muri iyi minsi urwana ugana muri Uvira kugira ngo naho uhigarurire.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *