Rutaburingoga Jerome, Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, yatangaje ko ikipe y’ako Karere ikina umukino wa Volleyball, Gisagara Volleyball Club, muri uyu mwaka w’imikino izongera kuba ikipe ikomeye nk’uko yahoze mu myaka itanu ishize.
Uvuze Volleyball y’u Rwanda mu myaka itanu ishize, Ikipe ya Gisagara Volleyball ni imwe mu zakomeye cyane yegukana ibikombe.
Mu 2022, Gisagara VC yasohokeye u Rwanda muri Tunisia mu Mikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo.
Icyo gihe iyo kipe yegukanye umwanya wa gatatu, biba ubwa mbere bibaye mu Rwanda, ndetse n’ikipe yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.
Nyuma yavuzwemo ibibazo by’igenda ry’abakinnyi, abatoza n’ubuyobozi itangira kugorwa cyane no kubona umwanya mu makipe ahatanira Igikombe cya Shampiyona.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa 22 Kanama 2024, Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome, yavuze ko iyi kipe yashinzwe mu 2014, yegukana ibikombe nyuma babona ko bakwiriye kuzamura abana, ibyatumye ikipe isubira inyuma.
Ati “Intege nke mwabonye ni imbaraga twashyize mu ikipe y’abato. Niyo mpamvu ikipe ya Volleyball yamanutse, iy’abana igahita izamuka.”
Uyu muyobozi yavuze ko muri shampiyona y’uyu mwaka, ikipe ya Gisagara Volleyball Club izisubiza ikuzo mu ruhando rwa Volleyball.
Ati “Uyu mwaka muzabireba ko ibikombe byose dushobora kubyiharira.”
Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara yavuze ko mu kwagura imikino ubu muri aka Karere hashinzwe irerero ry’umukino wa Basketball ndetse n’iry’umupira w’amaguru.
Ishyirahamwe rya Volleyball mu Rwanda, riherutse kwemeza ko Shampiyona ya 2025/26 izatangira ku wa 17 Ukwakira 2025.
Mu kuyitegura ikipe ya Gisagara VC imaze gusinyisha abakinnyi barimo Gatsinzi Venuste wavuye muri APR Volleyball Club, Muvara Ronard wayigarutsemo na Ndayisaba Sylvestre.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW


