AFC/M23 yagaragaje ibice Congo yarunzemo ingabo n’intwaro ziremereye

Ange Eric Hatangimana
2 Min Read

Alliance Fleuve Congo ikorana na M23 kurwanya leta ya Congo, yagaraje ko nubwo hari inzira zitandukanye zo kugarura amahoro, ku kibuga Congo ikomeza gushyira ingabo mu birindiro n’intwaro ziremereye.

Itangazo risubiza iryasohowe n’igisirikare cya Congo, AFC/M23 ishinja igisirikare cya Congo n’abo bakorana kurenga ku masezerano leta yagiranye na AFC/M23 ubwo hatangazwaga imbanzirizamushinga y’amahoro i Doha tariki 19 Nyakanga, 2025.

Nta mwanya wari ushize igisirikare cya Congo na cyo gisohoye itangazo rishinja AFC/M23 kugaba ibitero ku birindiro bya FARDC muri Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.

AFC/M23 ishinja ingabo za Congo kugaba ibitero mu duce dutuwe cyane igakoresha indege zitagira abapilote cyangwa intwaro ziremereye ibifashijwemo n’ingabo z’u Burundi.

Itangazo rivuga ko ibyo bikorwa birenga ku masezerano y’agahenge yemejwe, kandi bikaba bigize ibyaha by’intambara.

AFC/M23 ivuga ko leta ya Congo yarunze abasirikare n’intwaro mu bice birimo Bijombo na Ndondo ngo hashyizwe abasirikare b’u Burundi, mu duce twa Uvira, Kidoti, Gifuni na Rurambo ngo hari ingabo za Congo, FARDC, FDLR n’Imbonerakure.

Mu duce twa Runigu, Keshatu, Gatobwe na Kahololo naho ngo hari abasirikare ba FARDC na Wazalendo mu gihe muri Uvira na Nzimbira hari abacanshuro.

Ihuriro AFC/M23 rivuga ko rizakomeza kurinda abaturage b’abasivire, ndetse rikavuga ko leta ya Congo ishyira mu kaga  abaturage.

Kugeza ubu bisa naho nta kigaragara cyahindutse nyuma y’amezi abiri hasinywe amasezerano y’i Washington hagati y’ u Rwanda na Congo kimwe n’ukwezi gushize hasinywe “Accords des Principes” hagati ya AFC/M23 na leta ya Congo.

Ayo masezerano yombi asaba impande zihanganye mu bururasirazuba bwa Congo guhagarika imirwano.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *