Burundi: Jenerali afungiwe gucuruza peteroli

NDEKEZI Johnson
2 Min Read

Jenerali Jean Bosco Ndayikengurukiye, wahoze ayobora CNDD-FDD ikiri mu ishyamba, afungiwe muri Gereza Nkuru ya Mpimba, aho ashinjwa ubucuruzi butemewe bw’ibikomoka kuri peteroli.

Gen. Ndayikengurukiye ni we watangije ishami ry’ishyaka rya CNDD-FDD, ryagiye ku butegetsi kuva muri 2005 ku bw’amasezerano ya Arusha muri Tanzaniya.

Ku wa 16 Kanama 2025, ni bwo uyu wahoze ari igihangange mu nyeshamba za CNDD-FDD yinjijwe muri Gereza ya Mpimba, iherereye ku Musaga i Bujumbura.

Gen. Ndayikengurukiye yashwanye kenshi n’abo babanye mu ishyamba; mu 2003 yagarutse mu Burundi ashinga ishyaka yise KAZE-FDD, ryiyomoye ku bo barwananye bari ku butegetsi muri iki gihe.

Muri 2015, ari mu ba mbere bazwi bamaganye manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza, byamuviriyemo guhunga u Burundi.

Bigizwemo uruhare na Perezida Varisito Ndayishimiye, Gen. Ndayikengurukiye mu 2021 yarahungutse, ariko akomeza kurebwa ikijisho na bimwe mu bishyitsi bya CNDD-FDD.

Ku wa 16 Kanama, uyu mu jenerali ntiyasimbutse ukuboko kw’abo yari yarigumuyeho, kuko yashinjwe gucuruza magendu y’ibikomoka kuri peteroli, imaze amezi 56 ari ingume mu Burundi.

Bivugwa ko Ndayikengurukiye yagurishaga mu buryo bwa magendu ibikomoka kuri peteroli bivanwa muri RDC, ibifatwa nko guhungabanya ubukungu bw’igihugu.

Amakuru avuga ko akimara gufatwa, atanyujijwe mu gasho ako ariko kose, yahise ajyanwa byihuse muri Gereza Nkuru ya Mpimba.

Hamaze igihe mu Burundi habaho ihangana rikomeye mu bucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli, aho isoko ryagutse ryihariwe n’umugore wa Perezida w’u Burundi, Angeline Ndayishimiye.

Kuva mu Burundi havutse ikibazo cy’ibura n’izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli, uwitambitse sosiyete ya Prestige ya Angelina Ndayishimiye ahimbirwa ibyaha agashyirwa muri gereza.

Ni mu gihe ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli buri kwifashishwa nk’intwaro yo kwikiza abatavuga rumwe n’ubutegetsi, aho bagerekwaho kubukora mu buryo butemewe, bagafungwa.

Kimwe mu bikomeje guhungabanya ubukungu bw’u Burundi muri iki gihe ni ibura rya peteroli n’amafaranga y’amahanga afite agaciro kanini, nk’amadolari ya Amerika.

Ibura rya peteroli ryatumye bamwe mu bafite ibinyabiziga babiparika, cyane cyane i Bujumbura, abandi bajya kuyigurira muri Uvira muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Gen Jean Bosco Ndayikengurukiye

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *