Guy Bukasa yongeye guhabwa akazi muri DRC

HABIMANA Sadi
1 Min Read

Uwahoze ari umutoza w’ikipe y’Igihugu y’Ingimbi y’abatarengeje imyaka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo [DRC], Guy Bukasa, yagizwe umutoza mukuru wa Saint-Éloi Lupopo y’iwabo.

Ni amakuru yemejwe na Saint-Éloi Lupopo ku Cyumweru, tariki ya 17 Kanama 2025. Ikipe yemeje ko Guy Bukasa ukomoka muri DRC, yasinye amasezerano y’umwaka umwe [2025/2026].

Uyu mutoza usanzwe ufite izina iwabo, yageze mu Mujyi wa Lubambashi aho iyi kipe ikinira, yakirwa n’ubuyobozi bw’ikipe ndetse n’abafana ba yo. Akigera ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Luano, Bukasa yababwiye ko aje kubaha ibyishimo.

Ati “Tuzabaha ibyishimo. Tuje kubaha ibyishimo.”

Saint-Éloi Lupopo, isanzwe ari umukeba ukomeye wa TP Mazembe na yo ifite izina rinini muri ruhago yo muri iki gihugu.

Muri DRC, Guy Bukasa yatoje AS Dauphin Noir y’i Goma, CS Don Bosco y’i Lubumbashi n’amakipe y’Igihugu y’abato batarengeje imyaka 20 na 23 muri iki gihugu. Yabaye kandi umutoza wungirije mu ikipe y’Igihugu nkuru.

Muri Congo-Brazzaville, Bukasa yatoje ikipe y’Igihugu y’ingimbi z’abatarengeje imyaka 20 na Diables Noirs imwe iri mu zikomeye muri shampiyona y’iki gihugu. Mu Rwanda, yatoje Gasogi United, Rayon Sports na AS Kigali.

Guy Bukasa yagizwe umutoza wa Saint-Éloi Lupopo yo muri DRC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *