Abashinjwa gukoresha nabi “amafaranga y’ingabo” mu ngendo za APR FC bazaburanira mu muhezo

Ange Eric Hatangimana
2 Min Read

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Nyamirambo rwanzuye ko urubanza ruregwamo abantu 28 barimo CSP Hillary Sengabo uherutse kugirwa Umuvugizi w’urwo rwa RCS, rubera mu muhezo.

Aba bantu barimo abasivile 23, abasirikare batatu, n’abo mu rwego rushinzwe igorora (RCS) babiri batangiye kuburana ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Urubanza rwabo byanzuwe ko rubera mu muhezo kubera ko haregwamo abakozi ba Minisiteri y’Ingabo, bityo bikaba bifite aho bihuriye n’Umutekano w’Igihugu nk’uko Kigali Today duesha iyi nkuru ibitangaza.

Ubushinjacyaha ni bwo bwasabye ko urubanza rubera mu muhezo kubera ko abaregwa bafite aho bahurira na Minisiteri y’Ingabo, bivuze ko hari aho bihurira n’umutekano w’igihugu.

Abunganira abaregwa bo bari basabye ko urubanza rubera mu ruhame kuko ikiburanwa ari umutungo wa rubanda wakoreshejwe nabi, hakaba harimo n’abasivili, bityo ko abantu bakwiye kwemererwa gukurikirana urubanza.

Abaregwa muri uru rubanza bose bakurikiranyweho ibyaha bifite aho bihurira byo kwakira no gutanga ku bw’uburiganya inyandiko utemerewe, no gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe nk’uko byasohotse mu itangaza ry’Igisirikare cy’u Rwanda nyuma y’itabwa muri yombi rya bariya bantu.

Abasivile bacyekwaho ubufatanyacyaha mu kwakira no gutanga inyandiko utemerewe no gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe, byose bijyanye n’uburyo haguzwe amatike y’indege kuri konti ya Minisiteri y’Ingabo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bityo ko nk’uko biteganywa n’itegeko, abasivile iyo bakoranye icyaha n’abasirikare bakurikiranwa n’ubutabera bakaburanishwa n’Inkiko za Gisirikare.

Ibyaha bakurikiranyweho bifitanye isano n’ikipe ya APR FC, aho ngo ibi byose byakozwe ubwo yajyaga gukina i Cairo mu Misiri na Pyramids FC, umukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League 2024-2025 , muri Nzeri 2024.

Mu bakurikiranywe harimo abanyamakuru b’imikino bari mu bajyanye na APR FC mu Misiri icyo gihe, uwari umuvugizi w’abafana ba APR FC, abakozi ba RwandAir, n’abandi.

Ku rukiko rw’ibanze rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo hari abantu benshi baje gukurikirana urubanza, ariko icyemezo kikimara gufatwa bose basohotse hanze.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment
  • KUKI BAHEREYE KIRIYA GIHE KANDI MURI APR FC IBIKORWA BYUBUJURA BISA NKIBYAHAWE INTEBE NKIBIRI MURI FERWAFA KANDI KO RAYON NA APR ARIZO ZITUMA FOOTBALL IDATERA IMBERE MU RWANDA KUBERA UBUSAMBO BUZIHORAMO ? BAGIYE BIBA ARIKO BAKAGURA ABAKINNYI BASHOBOYE NABANYARWANDA BIGIRAHO NUBUNDI KO NTAWURAGIRA IZO ADAKAMA BAKARYA BAKOZE?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *