CHAN 2024: Perezida William Ruto yahembye Harambe Stars yageze muri ¼

HABIMANA Sadi
2 Min Read

Nyuma yo gutsinda Maroc igitego 1-0 mu watanze iike ya ¼ cy’irushanwa ry’Igikombe cya Afurika cy’abakina muri shampiyona za bo muri Afurika [CHAN 2024], ikipe y’Igihugu ya Kenya, Harambe Stars, yahawe agahimbazamusyi kanini na Perezida, Dr. William Ruto.

Ku Cyumweru tariki ya 10 Kanama 2025, biciye kuri Ogam watsinze igitego cy’ukuguru kw’imoso, ikipe y’Igihugu ya Kenya yatsinze Maroc igitego 1-0 ndetse ihita ikatisha itike ya ¼ cy’irushanwa rya CHAN 2024.

Nyuma y’uyu mukino, nk’uko yari yabibasezeranyije, Perezida wa Kenya, Dr. William Ruto, yahaye abakinnyi agahimbazamusyi kangana na miliyoni 1 y’Amashilingi ya Kenya [Ksh] buri mukinnyi muri 27 bose bari gukina iri rushanwa.

Uretse abakinnyi kandi, n’abandi 15 bari mu itsinda ry’abatoza [Staff] n’abandi bafasha ikipe, buri umwe yagenewe aka gahimbazamusyi kangana n’asaga ibihumbi 770$ [asaga 110,880,000 Frw].

Perezida Ruto kandi, yabemereye ko mu gihe basezerera Zambia muri ¼, buri mukinnyi azahabwa agahimbazamusyi kangana na miliyoni 2.5 z’amashilingi ya Kenya [Ksh] ndetse n’inzu y’ibyumba bibiri kandi iri mu zigezweho.

Umukino wa nyuma usoza iy’amatsinda, uzahuza Kenya na Zambia, uteganyijwe gukinwa ku Cyumweru tariki ya 17 Kanama 2025.

Perezida wa Kenya, Dr. William Samoi Ruto, yahaye Harambe Stars agahimbazamusyi gatubutse
Abarimo Hon. Raila Odinga, bakomeje kuba hafi ya Harambe Stars
Harambe Stars yatsinze Maroc igitego 1-0
Abanya-Kenya bakomeje kuryoherwa n’umusaruro w’ikipe ya bo
Kenya yatanze ibyishimo imbere y’abakunzi ba yo

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *