André Landeut watoje Kiyovu yabonye akazi muri Liberia

HABIMANA Sadi
1 Min Read

Umutoza w’Umubiligi, Alain-André Landeut watojeho Kiyovu Sports, yagizwe umutoza mukuru wa LISCR FC ikina shampiyona y’Icyiciro cya mbere muri Liberia.

Uyu mutoza yemejwe nk’umutoza mukuru w’iyi kipe, mu minsi ibiri ishize. Landeut ukomoka mu Bubiligi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaciye mu Rwanda ubwo yatozaga Kiyovu Sports.

LFA First Division League Club Liscr Football Club agiye kubera umutoza, yabaye iya 10 mu makipe 14 muri shampiyona y’umwaka ushize w’imikino 2024/2025.

Iyi kipe agiye gutoza, imaze imyaka 29 ishinzwe. Ifite Stade ya yo yakira abantu ibihumbi 10 bicaye neza.

Landeut yatoje mu bihugu bitandukanye birimo iwabo mu Bubiligi, DRC, Guinéa, Bénin no muri Ghana. Yahesheje DC Motema Pembe igikombe cy’Igihugu na Kiyovu Sports yahesheje igikombe cya ‘Made in Rwanda.’

LISCR FC yemeje Alain-André Landeut nk’umutoza wa yo mukuru
Ubwo yashyiraga umukono ku masezerano
Landeut yabonye akazi muri Liberia

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *