Abimukira n’impunzi 68 bakomoka muri Afurika bapfuye abandi 74 baburirwa irengero, nyuma y’uko ubwato barimo burohamiye ku nkombe za Yemeni, ubwo bagerageza kwinjira muri Aziya mu buryo butemewe n’amategeko.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bimukira (IOM), ryatangaje ko iri sanganya ryabaye ku Cyumweru tariki ya 03 Kanama 2025.
Abdusattor Esoev, ukuriye IOM muri Yemeni, yabwiye ibiro ntaramakuru bya Associated Press ku Cyumweru ko ubwo bwato, bwari butwaye Abanya-Ethiopia 154, bwarohamiye hafi y’Intara ya Abyan muri Yemeni.
Imirambo 54 yabo yabonetse ku nkengero z’akarere ka Khanfar, naho indi mirambo 14 ibobeka ahantu hatandukanye.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bimukira rivuga ko abimukira n’impunzi barenga 60,000 binjiye muri Yemeni mu mwaka wa 2024.
Aba baba bava mu bihugu byo mu Ihembe rya Afurika, bahunga inzara, ubushomeri n’intambara byazonze ako gace.
Ni urugendo rutaborohera kuko nk’abaloresha iyo nzira iza muri Yemeni ijya muri Aziya, abagera kuri 558 bapfiriye muri iyo nzira my 2024 gusa.Nubwo Yemeni nayo yibasiwe n’intambara, kuri ubu icumbikikiye impunzi n’abimukira bagera ku bihumbi 380.
Hari kandi n’abandi bimukira benshi baba barafungiwe mu bigo bitandukanye muri Libya, ubwo bagerageza kujya i Burayi baciye mu Nyanjya ya Méditerranée.
Ibi byatumye ku wa 10 Nzeri 2019, Guverinoma y’u Rwanda, AU na HCR byashyira umukono ku masezerano y’imyaka itatu, yo kwakira impunzi n’abasaba ubuhungiro i Gashora mu Karere ka Bugesera.
Aba ni Abanyafurika bagenda baturuka mu bihugu byinshi birimo umutekano muke, ntibashobore kuhabonera ubwisanzure n’amahoro bakeneye, ndetse abenshi muri bo bakananirwa kwambuka Inyanja ya Méditerranée ngo bajye i Burayi nk’uko babyifuza, ahubwo bakisanga bafungiwe muri Libya.
Imibare yo kugeza ku wa 22 Mata 2025, igaragaza ko u Rwanda rwari rumaze kwakira impunzi n’abimukira 2623.
Muri abo abagera kuri 2140 bamaze kwakirwa mu bindi bihugu byiganjemo ibyo ku mugabane w’i Burayi.
MUGIRANEZA Thierry
UMUSEKE.RW



Birababaje pe