Nyuma y’umwaka umwe ari muri Vision FC nk’umutoza wongerera imbaraga abakinnyi, Habihirwe Aristide yatandukanye na yo nyuma y’uko isubiye mu cyiciro cya Kabiri.
Mbere yo gutangira umwaka w’imikino 2025/2026, Vision FC yabanje gutangira gushaka abatoza ari na ko itandukana n’abandi batazakomezanya. Amakuru UMUSEKE wamenye, avuga ko izatozwa na Muvunyi Félix ‘Fils’ wayizamuye ubwo yakinaga icyiciro cya mbere mu mwaka ushize w’imikino 2024/2025.
Biciye mu busabwe bwa Fils bivugwa ko ari we uzatoza Vision FC muri shampiyona y’icyiciro cya Kabiri, Habihirwe Aristide wari umutoza wongerera imbaraga abakinnyi muri iyi kipe, yamaze gutandukana na yo nyuma y’uko amasezerano ye yari yararangiye ariko ntiyongerwe andi.
Bivugwa ko Muvunyi azakorana n’abatoza asanzwe agendana na bo barimo Bingabo Hakim usanzwe ari umwungiriza we.


UMUSEKE.RW


