Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 ku wa 19 Nyakanga 2025 byashyize umukono ku mahame ngenderwaho abiganisha ku masezerano y’amahoro, bifashijwe na Guverinoma ya Qatar.
Mu gihe hasinywaga aya mahame, RDC yari ihagarariwe n’intumwa nkuru ya Perezida Félix Tshisekedi mu biganiro by’amahoro bya Luanda na Nairobi, Sumbu Sita Mambu; naho AFC/M23 yari ihagarariwe n’Umunyamabanga Uhoraho wayo, Benjamin Mbonimpa.
Leta ya RDC na AFC/M23 zemeranyije ingingo zitandukanye zirimo gukorana n’imiryango mpuzamahanga n’iyo mu karere kugira ngo umutekano w’abasivili ubungabungwe, no gushyira mu bikorwa aya mahame.
Zemeranyije kandi gufasha impunzi ziri mu mahanga ndetse n’iziri imbere mu gihugu gutaha mu mahoro, ku bushake kandi mu buryo buzihesha agaciro, byose bigakorwa hashingiwe ku mategeko mpuzamahanga y’ubutabazi.
Ku mpunzi ziri mu mahanga, aya mahame asobanura ko zizacyurwa hashingiwe ku masezerano ya RDC n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNHCR), byagirana n’ibihugu bizicumbikiye.
Impande zombi zemeranyije kurinda no gufasha abasivili, gushyigikira ibikorwa bigamije kubarinda no guhagarika imirwano, bifashijwe n’ingabo za MONUSCO.
Ese ibi bizashoboka ?
Nyuma y’isinywa ry’amahame, AFC/M23 ivuga ko Leta ya Congo igikomeje ibitero mu gihe mu mahame bumvikanye ko imirwano igomba guhagarara burundu.
Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, ati: “Mu gihe bakomeje guhindura imvugo y’amahame, ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kohereza ingabo ku rugamba, bafite intwaro za rutura mu duce dutuwe n’abaturage, cyane cyane muri Uvira, no mu Rurambo.”
AFC/M23 ivuga ko ibitero bikorwa n’ingabo za Leta, FDLR, Maï-Maï Wazalendo, n’ingabo z’u Burundi.
Abarwanyi b’uyu mutwe wigaruriye ibice byinshi mu Burasirazuba bwa Congo bavuga ko ibi bitero bigwamo abaturage benshi kandi bikabateza akaga.
Ni mu gihe nyuma y’isinywa ry’ayo mahame, hagaragaye kutavuga rumwe hagati ya Kinshasa na M23 ku bijyanye no kuva mu Burasirazuba bwa DRC.
Umuvugizi wa Leta ya DRC, Patrick Muyaya, yavuze ko aya masezerano y’i Doha azirikana “imirongo itukura” (“ntarengwa”) Kinshasa yakomeje gushimangira, harimo nko “kutaganirwaho kwa AFC/M23 ku bice yafashe,” kugakurikirwa no kongera gukorera muri ibyo bice kw’inzego z’ubutegetsi bwa Kinshasa, igisirikare, polisi n’inzego z’ubucamanza.”
Ariko umukuru wa AFC/M23, Bertrand Bisimwa, ashimangira ko “aya mahame mu byo ateganya harimo gusubizaho ubutegetsi bwa Leta ku butaka bwose bw’igihugu. Ntibivuze kuvana ingabo, ahubwo bivuze uburyo bwo guha ubushobozi Leta kugira ngo ishobore kuzuza inshingano zayo.”
Abasesenguzi bo babibona gute ?
Me Gasominari Jean Baptiste, umunyamategeko akanasesengura politiki yo mu karere, mu kiganiro na RBA, yavuze ko umuvugizi wa Leta ya Congo, Patrick Muyaya, yahinduye imvugo y’ingingo zimwe zaganiriweho agamije kubwira abaturage ko bari kugana ku ntsinzi.
Yagarutse ku ngingo ya kane ivuga ko impande zombi zemeranya kugarura ubuyobozi bwose bw’igihugu no guharanira ubusugire bwa Congo.
Yagize ati: “Nibaza ko ari ibyo bindi urubyiruko bita agatwiko; kugira ngo Minisitiri Patrick Muyaya, atanguranywe, na ba bandi bashaka kumenya ibikubiye muri ayo masezerano, babe bamaze kubona amakuru ya mbere bahawe na Minisitiri, noneho bayagendereho.”
Yakomeje ati: “Twamenyereye Muyaya ko ahora abeshya, avuga ibinyuranyije n’ibyemejwe. Twarabibonye no mu matangazo, abakuru b’ibihugu bagahura, bakagira ibyo bemeza kuri Congo, bagakora itangazo, Muyaya agahimba irindi ritandukanye rya rindi. Bakaba ari ryo basoma kuri televiziyo y’Igihugu kugira ngo hatagira uvuga ko bageze hariya bakabanesha, bakabarusha ijwi, noneho akababwira ngo dore ibyemejwe ni ibi kandi mu by’ukuri hemejwe ibindi.”
Senateri Evode Uwizeyimana nawe ati:“Iyo abahagarariye bo baza gusobanura neza ibintu uko biri, bakamenya ko Leta ya Congo abayihagarariye hariya banyurwa manuma. Ni iriya ngingo ya kane. Bo bumvise ko M23 igomba guhita ihambira, igasubira inyuma, bibagirwa ko ingingo ya gatatu ivuga ku guhagarika burundu imirwano.”
Nyuma y’impaka mu kwemeza amahame, impande zombi ziyemeje kuyashyira mu bikorwa bitarenze tariki ya 29 Nyakanga 2025, kandi akaba yamaze gushyirwa mu bikorwa.
Impande zombi zaniyemeje “gutangira ibiganiro bitaziguye,” hagamijwe “gutangira ibiganiro ku masezerano y’amahoro bitarenze tariki ya 8 Kanama 2025.”
UMUSEKE.RW


