Uwase Alliah ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho muri AS Kigali, yambitswe impeta n’umukunzi we, Buanga Pilote utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika wamusabye kuzamubera umugore.
Ku wa Gatatu tariki ya 16 Nyakanga 2025, ni bwo Buanga Pilote utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yambitse impeta umukunzi we, Uwase Alliah usanzwe ashinzwe itangazamakuru n’itumanaho muri AS Kigali, amusaba ko yamwemerera kuzamubera umugore w’isezerano.
Uyu muhango wabereye muri Ndaru Luxury Hotel. Indi mihango ijyanye no gusaba no gukwa, iteganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka. Ni nyuma y’imyaka itatu bamaze bari mu munyenga w’urukundo.
Mu kiganiro kigufi, Alliah yagiranye na UMUSEKE, yavuze ko impamvu yahisemo kwemera gukomezanya ubuzima na Buanga, ari uko ari umugabo uzi gufata inshingano uko bikwiye.
Ati “Namuhisemo kuko ari umugabo uzi gufata inshingano kandi arankunda cyane, anyitaho.”
Uwase asanzwe azwi mu gice cy’itangazamakuru, cyane ko ari umwe mu bakobwa bazwiho kumenya gufata no gutunganya amafoto n’amashusho. Yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye birimo IGIHE n’ibindi.









UMUSEKE.RW


