Umweyo uravuza ubuhuha muri Simba Queens yitegura gukinisha Abanyarwanda

HABIMANA Sadi
2 Min Read

Ikipe ya Simba Queens ikina shampiyona y’icyiciro cya mbere y’abagore muri Tanzania, ikomeje gusezerera abakinnyi benshi mbere y’uko yerekana abashya barimo Abanyarwanda babiri bakina mu gice cy’ubusatirizi.

Iyi kipe iri mu zikomeye muri shampiyona y’abagore muri Tanzania, imaze iminsi igaragaza abakinnyi yamaze gutandukana na bo ndetse ikabashimira biciye ku mbuga nkoranyambaga za yo.

Abamaze gutangazwa ko batandukanye na Simba Queens, barimo: Violeth Nicholaus, Jentrix Shikangwa, Mwanahamisi n’abandi. Abakinnyi 11 ni bo bose hamwe bagomba gutandukana n’iyi kipe.

Ibicishije ku rukuta rwa yo rwa X, Simba Queens yagize iti “Abarwanyi bacu 11 bakoreye ikipe yacu mu buryo bwose. Msimbazi irabubaha ndetse irabazirikana. Mwarakoze ku mwanya wanyu n’ibyo mwakoze.”

N’ubwo ikomeje gukora isuku mu mbere, iyi kipe iritegura kwerekana Abanyarwanda babiri, Umutesiwase Magnifique wakiniraga Indahangarwa WFC na Usanase Zawadi wakiniraga AS Kigali WFC. Aba bombi bivugwa ko bamaze gusinyira iyi kipe amasezerano igisigaye ari ukuberekana mu bakinnyi bashya izifashisha mu mwaka w’imikino 2025/2026.

Aba bakinnyi bombi b’Abanyarwanda, bakina mu gice cy’ubusatirizi. Magnifique we yanamaze guhabwa nimero 12. Bombi ni abakinnyi b’ikipe y’Igihugu y’Abagore [She-Amavubi].

Simba Queens yabanje gushimira itazakomezanya na bo
Mwanahamisi ni izina rinini ryari rimaze igihe muri Simba Queens
Bakomeje gushimira abo batazagumana
Simba Queens iri mu zikomeye muri shampiyona y’Abagore ya Tanzania
Magnifique azambara 12

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *