Perezida wa Cameroun, Paul Biya w’imyaka 92, ni we mukuru w’igihugu ukuze kurusha abandi ku isi, yatangaje ko aziyamamaza mu matora azaba mu Ukwakira k’uyu mwaka.
Mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro ryacyeye, yavuze ko ashaka indi manda , izaba ari iya munani kubera “kubisabwa na benshi cyane bo mu turere icumi tw’igihugu cyacu n’abo muri ‘diaspora’.”
Yanditse ati “Ndi umukandida mu matora ya perezida yo ku wa 12 Ukwakira.”
Yongeraho ati “Mwizere ko ubushake bwanjye bwo kubakorera bujyanye n’uburyo ibibazo duhanganye na byo bikomeye”.
Ubutegetsi bwa Paul Biya, agiye kubumaraho imyaka 43, bwakomeje kunengwa.
Kwiyamamaza kwe gukurikiye gushwana na bamwe mu bahoze ari inkoramutima ze muri politike zo mu gace k’amajyaruguru ya Cameroun zagiye zimufasha gutsinda amatora yabanje.
Biya ntaratsindwa amatora na rimwe, naramuka atsinze n’aya ateganyijwe, azategeka indi myaka irindwi, ishobora kurangira abura umwaka umwe ngo yuzuze imyaka 100.
Mbere y’uko atangaza iki cyemezo, muri Cameroun no hanze hari benshi bari bakomeje gusaba ko ava ku butegetsi akareka hakaza abakiri bato.
IVOMO: BBC
UMUSEKE.RW


