Kuba natunga amafaranga nta gishya –  Karasira abwira urukiko

NSHIMIYIMANA THEOGENE
6 Min Read

Aimable Karasira yabwiye urukiko ko kugira amafaranga kuri we ari ibintu bisanzwe kuko nta mwana, cyangwa umugore agira ngo babe bayakoresha.

Aimable Karasira Uzaramba alias Prof.Nigga yongeye kwisobanura ku cyaha cyo kudasobanura inkomoko y’umutungo atunze n’icyaha cy’iyezandonke abwira urukiko ko amafaranga basanze iwe no ku ma konti ye ndetse no kuri telefone ari ayo yakoreye kuko yakoze akazi nta mwana yagiraga cyangwa umugore.

Nkuko asanzwe aza kuburana ameze, Karasira Aimable alias Prof. Nigga yaje ku rukiko yambaye imyambaro iranga abagororwa mu Rwanda, afite igikapu mu ntoki cyarimo ibitabo n’impapuro ndetse kandi afite icupa rya teremusi n’akajerekani mu ntoki, yambaye inkweto zo mu bwoko bwa bodaboda zidasa, rumwe ni ubururu urundi ari umweru, amasogisi maremare y’umukara, amataratara mu maso ndetse n’amashapure atatu mu ijosi.

Karasira kuri iyi nshuro yakomeje kwiregura ku cyaha cyo kudasobanura inkomoko y’umutungo atunze ndetse n’icyaha cy’iyezandonke.

Me Bruce Bikotwa umwe mu banyamategeko babiri bamwunganira mu mategeko, ni we wabanje gufata ijambo. Me Bruce Bikotwa yabanje gusobanura amafaranga arenga miliyoni 11Frw Karasira yafatanywe.

Yavuze ko muri ayo mafaranga harimo ayo yahawe n’umugabo n’umugore kubera ikibanza bari baraguze na Karasira Aimable mu mitungo yasigiwe na se umubyara, nyakwigendera Karasira Claver kandi yanyujijwe kuri telefone ndetse biranagaragara.

Me Bikotwa kandi yemeje ko Karasira yagize ibibazo byo kwirukanwa mu kazi nk’umwarimu wigishaga muri Kaminuza, ndetse binahurirana ko iwabo barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ari abantu babiri, maze nyuma yo kuvuga agahinda ke abantu batandukanye barabyumvise baraterana bifashishije ikoranabuhanga, bateranya inkunga z’amafaranga arenga miliyoni 9Frw bayamuha kuri telefone.

Me Bikotwa ati “Ayo mafaranga yabonetse muri ubwo buryo.”

Me Bikotwa kandi avuga ko amadorari arenga ibihumbi 10$ na yo yari kuri konti ya Karasira, ayo mafaranga ngo ni ayo abantu boherezaga ku ikoranabuhanga nka Western Union.

Me Bikotwa ati “N’ikimenyimenyi Ubugenzacyaha bwasanze kwa Karasira inyamezabwishyu (borderaux) nk’ikimenyetso cyayo nubwo na yo umugenzacyaha yahise ayitwara.”

Me Bruce Bikotwa kandi avuga ko AmaEuro arenga magana atanu yari mu rugo aho Karasira yabaga, mu mwaka wa 2008-2009 Karasira ngo yahawe buruse yo kujya kwiga mu gihugu cya Sweden, ahabwa amafaranga maze ayacunga neza agira icyo yisagurira nk’urwibutso.

Me Bikotwa ati “Twatunguwe no kumva na yo ari kuyaregwa kuko na yo RIB yarayatwaye.”

Me Bikotwa Bruce kandi avuga ko amafaranga arenga miliyoni eshatu na yo yasanzwe kwa Karasira, amwe ngo ni ayo yakodeshaga inzu za nyakwigendera Karasira Claver (se wa Karasira) aho icyorezo cya COVID-19 cyari mu Rwanda kiziye noneho bakajya bamwishyura mu ntoki aho kugira ngo bayajyane kuri banki nk’uko byakorwaga mbere.

Me Bikotwa Bruce kandi muri ariya mafaranga ageze kuri miliyoni eshatu yemeje ko harimo n’ayo Karasira yahawe n’abakora mu nzego z’iperereza kugira ngo ajye avuga leta neza.

Ati “Ikigaragara cyo RIB yagiye kwa Karasira itwara ibintu byose. Uretse n’amafaranga yanatwaye dipolome ya Karasira ndetse n’ibyangombwa by’ubutaka, kandi ntaho bihuriye n’urubanza.”

Karasira Aimable we yabwiye urukiko ko yatangiye kuvuga agahinda ke n’ubuzima bwe mu mwaka wa 2019, anavuga iby’umuvandimwe we ufite uburwayi bwo mu mutwe.

Avuga ko hari ikiganiro yatanze kuri imwe kuri YouTube channel kigira kiti “Ubundi Kwiyahura nabikora, nta mugore nkeneye”, maze abantu benshi bamugirira impuhwe bamuha amafaranga abo azi n’abo atazi.

Ati “Amafaranga yo n’ubu uwayampa nayakira, ubu umuntu anyoherereje amafaranga mbere yo kuyakoresha nabanza kujya  kubwira ubuyobozi mbumenyesha?”

Karasira yemeje ko hari amafaranga yahawe n’uwo atazi kandi akemeza ko nta nzu yubatse, izo afite yazisigiwe n’ababyeyi be, nta mwana, nta mugore afite ku buryo amafaranga yakoreye ntacyari kuyarya.

Yagize ati “Karasira mureba aha yabaye umwarimu, n’umuhanzi, kuba natunga amafaranga byaba ikibazo mu gihe nta mwana narizaga cyangwa umugore?”

Karasira kandi yabwiye urukiko ko umugenzacyaha wamufunze ari we wamwibwiriye ko afite amafaranga iwe, bityo yagenda akayamurebera akayaha murumuna we.

Ati “Uriya mugenzacyaha numva aravuze ngo hara amafaranga nahishe, ese umuntu kubika iwe bigize icyaha? Njye nta tegeko nishe kuba narabitse amafaranga iwanjye.”

Yemeye ko hari amafaranga yahembwe kuri YouTube channel ye, kandi aregwa ibiganiro bitatu gusa nyamara kuri iyo YouTube channel ye hariho ibiganiro 244.

Karasira ati “Karasira mu buzima bwe amafaranga yose yakoreye ni ayo mu byaha? Mba mwarimu nkahembwa byari bigize icyaha? Ndi umuhanzi nkabona amafaranga byari ibyaha?”

Me Felecien Gashema na we yabwiye urukiko ko umukiriya we ari umwere ashingiye ko n’ayo mafaranga byibura yahabwaga n’abo bagiraneza nta gikorwa kigize icyaha yayakoresheje, ndetse ntaho bigaragara ko ayo mafaranga yahabwaga byibura ngo ayifashishe mu mitwe y’iterabwoba.

Me Gashema ati “Niba abantu bose babika amafaranga mu rugo yo kwifashisha bigeze ibyaha, abantu twese twajya mu munyururu.”

Uruhande rwa Karasira nirwo rwahawe umwanya ngo rwiregure.

Aimable Karasira Uzaramba alias Prof. Nigga wabaye Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yanabaye umuhanzi, aregwa ibyaha bitandukanye birimo guha ishingiro Jenoside yakorewe Abatutsi, n’ibindi. Ibyaha aregwa bishingiye ku biganiro yatambutsaga kuri YouTube. We aburana abihakana.

Uru rubanza ruri kugana ku musoza niba nta gihindutse ruzapfundikirwa tariki ya 10/07/2025.

Theogene NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *