Ingabire Victoire Umuhoza yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aho aburana ifunga n’ifungurwa by’agateganyo ku cyaha akurikiranyweho cyo gushaka gukuraho ubutegetsi.
Urubanza rwe rwatangiye ahagana saa yine n’iminota mirongo ine n’ine (10h44 a.m) kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Nyakanga 2025.
Inkuru dukesha IMVAHO NSHYA, ivuga ko yabanje gusomerwa umwirondoro atazuyaje yemera ko ari wo.
Ingabire araburana ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, akurikiranyweho icyaha cyo kugira uruhare mu guhugura no gushyigikira itsinda ryari mu mugambi wo gukuraho ubutegetsi bw’Igihugu binyuze mu guteza imyigaragambyo.
Urwego rw’Ubugenzacyaha rwamutaye muri yombi ku wa 19 Kamena 2025, nyuma y’icyemezo cyafashwe cyo kumukurikirana, nyuma y’aho urukiko rutanyuzwe n’ibisobanuro yatanze ku ruhare avugwaho mu mahugurwa yahawe abahoze ari abanyamuryango b’ishyaka rye ritaremerwa gukorera mu gihugu, DALFA-Umurinzi.
Ingabire yasabye Urukiko korohereza umunyamategeko wo muri Kenya yifuza ko azamuburanira, kuko Me Gatera Gashabana wagaragaye amwunganira ngo yunganira abaregwa mu rubanza rw’abantu 9 bari muri ariya mahugurwa, na we yiyongereyeho akaba uwa 10.
Yasabye ko uwo Munyakenya yakoroherezwa kuza mu Rwanda akaba ari we umwunganira, abifashijwemo n’Urugaga rw’Abavoka.
Perezida w’Urukiko yabajije niba atarabonye umwanya wo kumumenyesha kugira ngo ashobore kumwunganira.
Ingabire avuga ko ikibazo ari ukwemererwa kuza no kumuha uburenganzira bwo kuza kuburana mu Rwanda, ibyo kandi ngo byakorwa n’Urugaga rw’Abavoka.
Urukiko rwavuze ko nta bubasha rufite bwo kwinjira mu mikorere y’Urugaga rw’Abavoka.
Indi nzitizi Ingabire yatanze ni iy’uko uregwa aba agomba kubona umwanzuro wo kwiregura mu minsi itanu, ariko we ngo yawuhawe ku mu nsi wa gatandatu. Bityo agasaba ko yafashwa kubona umwanzuro akawusoma.
Me Gatera Gashabana yafashe umwanya wo kunganira Ingabire Victoire, yerekana ko Kenya ari igihugu kiri mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba.
Yisunze ingingo y’amategeko yavuze ko yemerera abavoka baba bavuye mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba kunganira abakiriya bo muri ibyo bihugu.
Me Gashabana yagaragaje inzitizi y’uko yahujwe n’urubanza rwa Ingabire Victoire ku wa Mbere.
Yavuze ko muri sisiteme yasanze harimo amajwi ajyanye n’ibyo Ubushinjacyaha bwiteguye kuzakoresha nk’impamvu zikomeye zituma Ingabire akekwaho icyaha ariko ayo majwi akaba adashobora gufunguka muri sisiteme.
Yavuze ko Ingabire yafunzwe tariki 19 Kamena, 2025 kuva icyo gihe iwe harasatswe, ibintu birafatirwa, ajyanwa mu bugenzacyaha, kuva icyo gihe Me Gashabana avuga ko nta muntu n’umwe avugana na we wo hanze.
Ati: “Uwashoboye gukomorerwa ni njyewe, ariko n’igihe duhabwa kingana n’iminota 30 ntabwo gihagije kugira ngo urubanza nk’uru nguru rube rwategurwa.”
Me Gashabana avuga ko Urukiko rwafata umwanzuro ku nzitizi yo kuba Ingabire yakunganirwa n’uwo ashaka.
Hanagaragajwe inzitizi y’uko ibyo Ingabire yagiye abarizwa muri RIB ngo bidashobora gufunguka muri sisiteme.
Me Gashabana avuga ko iyo agiye kureba umukiriya we, RIB isigarana mudasobwa na Telefoni bigatuma badashobora gutegura urubanza.
Ubushinjacyaha bwahawe umwanya bugaragaza ko urubanza rutaratangira kuburanishwa mu mizi. Ubushinjacyaha bwavuze ko bwaregeye Urukiko ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Bwagaragaje ko ubwo Ingabire Victoire yabazwaga mu bugenzacyaha yari yunganiwe n’umunyamategeko we kandi yishakiye.
Buti: “Bityo rero tukaba dusanga nta n’ikibazo kirimo. Urukiko rugomba kureba impamvu zikomeye niba ukekwaho icyaha, ushaka umunyakenya umwunganira, bikaba bitabuza ko ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ritafatwaho umwanzuro. Arunganiwe kandi yunganiwe neza.”
Ubushinjacyaha bwavuze ko Ingingo ya 29 y’Itegeko Nshinga iha uburenganzira bwo kunganirwa ukekwaho icyaha, bugasanga urubanza kuba rwakwimurwa kubera gutegereza umunyamahanga, harimo ikintu cyo gutinza urubanza.
Ku nzitizi y’uko Me Gashabana atabona igihe cyo kuvugana n’uwo yunganira kuko ahabwa iminota 30, Ubushinjacyaha buvuga ko agiye avuga ko ari umwunganizi yahabwa igihe gihagije.
Umunyamakuru wa Imvaho Nshya, Kayitare Jean Paul wari mu rukiko, yabwiye UMUSEKE ko ntacyo urukiko rwafashe nk’umwanzuro kuri buriya busabe bwa Ingabire bwo kunganirwa n’Umunyakenya kuko rwavuze ko byaba ari ukwivanga mu mikorere y’Urugugaga rw’Abavoka.
Urukiko rwanzuye ko mu rwego rwo kudatinza urubanza mu nyungu z’ubutabera, iburanisha rizakomeza tariki 15 Nyakanga, 2025.
Urukiko rwavuze ko nta yindi mpamvu ruzemera yatuma urubanza rwongera gusubikwa.
IVOMO: Imvaho Nshya
UMUSEKE.RW


