Ubuyobozi bwa Rayon Sports buticaye ubusa, bwongeye gutangaza abakinnyi bashya basinye amasezerano n’abari basanzwe bayongereye.
Nyuma yo gutangira imyitozo itegura umwaka w’imikino 2025/2026, Rayon Sports ikomeje kongera amaraso mashya mu kipe. Gikundiro yahaye ikaze umunyezamu mushya ukomoka muri Mali, Drissa Kouyaté wasinye amasezerano y’imyaka ibiri.
Nyuma y’aho gato, iyi kipe yo mu Nzove yatangaje ko Biramahire Abeddy ukina mu busatirizi, yongereye amasezerano y’imyaka ibiri. Aba bose baje biyongera ku bandi bashya barimo Umunya-Tunisie, Mohamed Chelly, Prince Musore n’abandi.
Rayon Sports izahagararira u Rwanda mu marushanwa Nyafurika ya CAF Confederation Cup nyuma y’uko ibaye iya Kabiri muri shampiyona nyuma ya APR FC yegukanye ibikombe byombi [icya shampiyona n’icy’Amahoro].
Biteganyijwe ko mbere yo kwitabira aya marushanwa, izahabwa na CAF ibihumbi 100$ [arenga gato miliyoni 140 Frw] agenerwa buri kipe yose yitabiriye aya marushanwa.




UMUSEKE.RW


